Gatsibo: Bahuguwe ku itegeko ry’Umuryango, basabwa gukumira amakimbirane yo mu ngo.

Ba mutima w’Urugo bo mu Karere ka Gatsibo barasabwa kuba umusemburo wo kugira umuryango mwiza binyuze mu gukumira amakimbirane yo mu ngo bigatuma umuryango usigasirwa.

Ubu butumwa bwatanzwe taliki ya 28 Kanama 2025, mu nama rusange y’Inama y’Igihugu y’abagore yitabiriwe n’Abayobozi b’Akarere bungirije n’abagore bahagarariye abandi baturutse hirya no hino mu Mirenge igize Akarere ka Gatsibo.

Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’abagore mu Murenge wa Kabarore akaba n’Umukozi wa Minisiteri y’ubutabera mu Karere ka Gatsibo bizwi nka ‘’MAJ’’ yatanze ikiganiro ku itegeko nomero 71/2024 ryo kuwa 26/6/2024 rigenga abantu n’umuryango.

Bamwe mu bagore bahagarariye abandi hirya no hino mu Karere bavuga ko, ikiganiro ku itegeko ry’umuryango bahawe kizabafasha gukumira amakimbirane mu miryango ibi bikazatuma habaho umuryango mwiza.

Back