Gatsibo: Abahinzi- borozi barakangurirwa kwitabira amasoko akorwa bigizwemo uruhare n’abaturage.
Abahinzi- borozi bo mu Karere ka Gatsibo barakangurirwa kwitabira amasoko akorwa bigizwemo uruhare n’abaturage (Community based procurement approach) mu rwego rwo gukomeza guteza imbere u buhinzi n’Ubworozi.
Ni ubutumwa bwatanzwe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu Sekanyange Jean Leonard, mu nama nyunguranabitekerezo yateguwe kubufatanya bwa RAB-SPIU yabaye kuri uyu wa Gatatu taliki ya 10 Nzeri 2025.
Iyi nama yari igamije gukangurira abahinzi-borozi kwitabira amasoko akorwa bigizwemo uruhare n’abaturage.
Kugeza ubu, mu Karere ka hamaze gukorwa amakoperative n’amatsinda 8 arimo 6 azatanga ifumbire mborera, 1 igatanga ibiti by’imbuto bivangwa n’imyaka n’imwe (1) isanzwe itubura ubwatsi bw’amatungo. Buri tsinda rigizwe n’abanyamuryango 20 naho koperative igizwe n’abanyamuryango bari hagati y’ijana n’abasaga.
Bimenyimana Eric, Umuhuzabikorwa w’imishinga ya RAB-SPIU mu Karere ka Gatsibo avuga ko iyi gahunda izafasha abahinzi-borozi kugira uruhare mu bibakorerwa ndetse no kunoza serivize bajyaga bahabwa na barwiyemezamirimo ariko ubu bazajya babyikorera.
Ifumbire mborera igiye gutangira gukorwa ubu, izakoreshwa mu gihembwe cy’ihinga cya 2026 B.