Gatsibo: Abagize urwego rwa Dasso bamaze kwizigama asaga miriyoni 44 Frw.

Urwego rwa Dasso rwunganira Akarere mu by’Umutekano rwatangiye mu kwezi kwa Nzeri 2014 rufite inshingano nyamukuru yo kunganira Akarere mu by’umutekano ndetse no gufatanya n’ubuyobozi bw’Akarere mu gukora ibikorwa bizamura iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage.

Mu Karere ka Gatsibo hari aba Dasso 166 arimo abagore 35 n’abagabo 131 bakorera hirya no hino mu Mirenge n’Utugari.

Mu mwaka ushize w’ingengo y’imari wa 2024/2025, abagize urwego rwa DASSO mu Karere ka Gatsibo bakoze bikorwa bitandukanye bigamije kuzamura imibereho myiza y’abaturage; birimo kwishyurira ubwisungane mu kwivuza ku bantu 72, gukora umuganda udasanzwe nibura rimwe mu kwezi ugamije gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage.

Abagize urwego rwa Dasso mu Karere ka Gatsibo ntibasigaye inyuma mu bikorwa byo kwiteza imbere, kugeza ubwo bakoze ikigega cy’ubwizigame aho kugeza ubu bamaze kwizigama agera kuri miriyoni 44,912,377 z’amafaranga y’uRwanda.

Kuri ubu bwizigame, bashoye imari mu Kigega cya RNIT iterambere fund agera kuri miriyoni 32 z’amafaranga y’uRwanda; naho agera kuri miriyoni 11,656,185 Frw ari mu banyamuryango batandukanye bayakoresha ibikorwa by’iterambere n’ingoboka ifite angera kuri miriyoni 1,256,192 z’amafaranga y’uRwanda.                                                                                    

Back