Abaturage bibukijwe ko kwirinda biruta kwivuza, basabwa kwishyura ubwisungane mu kwivuza.

Mu karere ka Gatsibo hatangijwe ubukangurambaga ku bwisungane mu kwivuza (Mutuelle de santé) buzamara iminsi itanu kuva taliki ya 15-19 Mutarama 2018.Iki gikorwa cyatangirijwe mu mirenge ya Kiramuruzi, Kiziguro na Rugrama.

 <img src="foto link..."/>

Mu butumwa bwatanzwe n’Umuyobozi w’ishami ry’ubuzima mu karere ka Gatsibo Jean Claude Habiyaremye yashishikarije abaturage gukomeza kwishyura ubwisungane mu kwivuza kugirango bakomeze kubungabunga ubuzima bwabo.

 

Mu bundi butumwa bwahawe abaturage basabwe kwirinda kunywa no gucuruza ibiyobyabwenge, gukomeza kunoza isuku n’isukura no kuboneza urubyaro.

 <img src="foto link"/>

Nyuma y’ibiganiro bitandukanye byatanzwe, abaturage bagaragaje imbogamizi bahura nazo mu kwishyura ubwisungane mu kwivuza zirimo gutinda kubona amakarita yabo.

 <img src"photo link.."/>

Akarere ka Gatsibo kageze kuri 78.7%  ku baturage bamaze kwishyura ubwisungane mu kwivuza mu mwaka w’ingengo y’imari 2017/2018 kakaza ku mwanya wa 19 ku rwego rw’Igihugu.

Back