Abaturage bafite imyaka isaga 50 batangiye guhabwa urukingo rwa Pfizer
Abaturage bafite imyaka 50 kuzamura batangiye gukingirwa urukingo rwa Covid19 rwo mu bwoko bwa Pfizer
Iki gikorwa cyatangiye kuri uyu wa gatatu taliki ya 4 kugeza kuri 5 Kanama 2021,abaturage bafite imyaka isaga 50 nibo bahabwa urukingo rwa covid 19.Iki gikorwa kirimo kubera ku bitaro 2 by’Akarere ka Gatsibo harimo ibya Ngarama na Kiziguro no mu bigo nderabuzima 19 byo mu karere ka Gatsibo.
Ku ikubitiro, Akarere ka Gatsibo karakingira abaturage ibihumbi 8,300 bafite imyaka y’amavuko kuva kuri 50 kuzamura.
Mu kiganiro na radio ishingiro ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri taliki ya 3 Kanama, Dr Mbayire Vedaste Umuyobozi mukuru w’ibitaro bya Kiziguro yavuze ko kwirinda biruta kwivuza akangurira abaturagekwitabira guhabwa urukingo muri iki gihe cy’imisi ibiri.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Gasana Richard yavuze ko kuri iki cyiciro mu karere kose hazakingirwa abaturage bagera ku bihumbi 8,300 bafite imyaka guhera kuri 50 kuzamura,buri muturage akajya ku ivuriro rimwegereye.
Murego Richard w’imyaka 51 y’amavuko utuye mu murenge wa Kabarore mu kagari ka Kabarore yavuze ko ari ibya gaciro kuba yahawe urukingo rwa Covid 19 kandi avuga ko azakomeza kwirinda nubwo yakingiwe.
Abaturage batandukanye bahawe urukingo rwa covid 19 rwo mu bwoko bwa Pfizer bahurije ku gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirusi bambaraneza agapfukamunwa, guhana intera mu gihe bagiye hari abantu benshi no kwirinda ingendo zitari ngombwa.