Abasaga 500 babonye akazi mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri LUNA Smelter.
Ubucukuzi bw’amabuye y’Agaciro ni hamwe mu hantu hatanga imirimo ku baturage b’Akarere ka Gatsibo bikabafasha gukora ibikorwa bizamura iterambere ry’imibereho myiza yabo.
Kuri uyu wa Gatanu taliki ya 27 Ugushyingo 2025, Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Gasana Richard yakiriye itsinda riyobowe na Minisitiri w’ibidukikije mu Gihugu cya Poland Krzysztof Galos baganira ku ruhare rw’ubucukuzi bw’amabuye y’Agaciro mu iterambere ry’Igihugu.
Nyuma y’ibiganiro byabereye muri Hoteli ya Ntende, iherereye mu murenge wa Rugarama, basuye ahacukurwa amabuye y’agaciro na kompanyi ya LUNA smelter ikorera mu Mirenge ya Rugarama na Kiziguro ku buso bwa hegitari 375.
Umuyobozi w'Akarere avuga ko Kompanyi z'Ubucukuzi bw'amabuye y'Akaciro gutanga akazi ku baturage b’Akarere ka Gatsibo, kubona amabuye y’agaciro ajyanwa ku isoko mpuzamahanga no gukoresha ikoranabuhanga.
Ubuyobozi bwa kompanyi LUNA Smelter buvuga ko ibikorwa bakorera mu Karere ka Gatsibo bifasha abaturage kwiteza imbere kuko babonamo akazi. Kugeza ubu, LUNA Smelter yatanze akazi ku baturage basaga 500 mu Karere ka Gatsibo.